Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 4 Kanama 2025, habaye imirwano ikaze hagati y’abarwanyi ba AFC/M23 n’inyeshyamba za Wazalendo bo mu mutwe wa Collectif des Mouvements pour le Changement (CMC) mu midugudu myinshi yo muri Gurupoma ya Kihondo, uherereye muri Sheferi ya Bwito, muri Teritwari ya Rutshuru.
Imirwano yavuzwe nko mu ma saa tatu za mu gitondo mu mudugudu wa JTN, hanyuma ikwira ahitwa Mubirubiru na Kiyeye, ku muhanda wa Mwesso – JTN – Katsiru.
Urusaku rw’amasasu rwateje ubwoba abaturage bahunga berekeza i Mwesso na Katsiru, aho ubu abantu babarirwa mu bihumbi bavanwe mu byabo birunze.
Iyi nkuru itangazwa na Radio Okapi ivuga ko mu cyumweru gishize, AFC/M23 yategetse abaturage kuva muri ako karere, ivuga ko igiye gukora ibikorwa byo gushakisha inyeshyamba za Nyatura ndetse n’abakekwaho kuba FDLR, ivuga ko bari muri ako karere.
Inyeshyamba za Wazalendo zo mu mutwe wa CMC, umaze iminsi itari mike aho hantu, ngo wahise ugaba ibitero icya rimwe ku birindiro bya AFC/M23, bituma uyu mutwe usubizanya ubukana bukabije nk’uko iyi nkuru ivuga.
Bivugwa ko amazu menshi yashenywe n’intwaro ziremereye. Iyi mirwano yatumye abaturage benshi bahunga berekeza i Mwesso.
Nta mubare w’abapfuye kugeza ubu urashyirwa ahagaragara.


