Rwabuze gica hagati ya APR FC na AS Kigali, zirinda Rayon Sports

Umukino wa shampiyona y’ikiciro cya mbere y’u Rwanda wahuzaga ikipe ya APR FC na AS Kigali, urangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1, yombi arindira ikipe ya Rayon Sports.

Kuri uyu wa Gatatu hakinwaga umukino wa kabiri muri irindwi igomba guhuza amakipe umunani ya mbere agomba kuvamo izegukana igikombe cya shampiyona.

APR FC na AS Kigali zombi zari zahuriye kuri Stade ya Muhanga, mu mukino wari uregerejwe na benshi mu bakunzi b’umupira w’amaguru, bijyanye n’uko ziza imbere mu makipe ahabwa amahirwe yo kwegukana igikombe cya shampiyona.

AS Kigali yafunguriwe amazamu n’umunya-Nigeria Abubakar Lawal ku munota wa 32 w’umukino, nyuma yo gucenga ba myugariro ba APR FC agatereka umupira mu nshundura.

APR FC yishyuye iki gitego ku munota wa 45 ibifashijwemo na Lague Byiringiro, ku mupira mwiza yari ahawe na Imanishimwe Emmanuel Mangwende waje kuvunikira muri uyu mukino.

Umukino muri rusange waranzwe n’ishyaka ryinshi, bijyanye n’uko buri kipe yifuzaga kuwutsinda ku kabi n’akeza.

Kunganya kwa AS Kigali na APR FC byatumye amakipe yombi agira amanota ane, asa n’arindira Rayon Sports igomba kwisobanura na Bugesera ejo ku wa Kane.

Mu gihe iyi Rayon Sports yaba itsinze uyu mukino uzabera i Nyamata, yasigara irushwa inota rimwe n’ariya makipe mu gihe hazaba hakibura imikino itanu ya shampiyona.

Undi mukino w’amakipe umunani ya mbere wabaye ni uwahuje Espoir yari yakiriye Rutsiro FC i Rusizi, birangira amakipe yombi aguye miswi ibitego 2-2.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *