img-20200401-wa0018.jpg

Rwanda: Abarwayi ba Coronavirus bamaze kuba 82

Ministeri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 1 Mata 2020 yatangaje ko habonetse abandi barwayi ba Coronavirus 7, bose hamwe baba 82.

Muri aba barwayi:

  • Umwe yageze mu Rwanda aturutse i Dubai, yahise ashyirwa mu kato.
  • Undi yaturutse mu Bwongereza, yahise ashyirwa mu kato.
  • Babiri bakoreye ingendo mu bihugu by’akarere, bahise bashyirwa mu kato.
  • Batatu ni abatahuwe nyuma yo guhura n’abandi bagaragayeho Coronavirus mu Rwanda. Bose bahise bashyirwa mu kato.

Abarwayi bose bari kuvurirwa ahantu habugenewe kandi bari koroherwa; nta n’umwe urembye. Abenshi muri bo nta bimenyetso bya Coronavirus bakigaragaza. Hanashakishijwe kandi abahuye n’abarwayi bagaragaye kugira ngo basuzumwe ndetse bitabweho n’inzego z’ubuzima.

ABANYARWANDA N’ABATURARWANDA BARASABWA GUKOMEZA KUBAHIRIZA AMABWIRIZA YO GUKUMIRA IKWIRAKWIRA RYA CORONAVIRUS, BAKARABA INTOKI KENSHI KANDI NEZA, BAHANA INTERA BYIBUZE YA METERO IMWE NDETSE BANIRINDA GUKORA INGENDO ZITARI NGOMBWA, BAGUMA MU NGO IWABO.

IBIMENYETSO BY’INGENZI BYA CORONAVIRUS NI INKORORA, GUHUMEKA BIGORANYE N’UMURIRO. UWABIGARAGAZA YAHAMAGARA UMURONGO UTISHYURWA WA 114, AGAHABWA UBUFASHA CYANGWA AKITABAZA UMUJYANAMA W’UBUZIMA UMWEGEREYE.

img-20200401-wa0018.jpg

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *