Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 11 Mata 2020 yatangaje ko hagaragaye abarwayi bashya ba Coronavirus babiri mu bipimo 842 byafashwe.
Aba bombi ni abatahuwe ko bahuye n’abandi banduye b’iki cyorezo mu Rwanda.
Muri rusange, abamaze kugaragaraho iki cyorezo ni 120, muri bo hakize 18 bamaze gusezererwa basubira iwabo mu ngo.
Minisiteri y’Ubuzima iramenyesha Abanyarwanda ko umuntu wese uhisha cyangwa akanga gutanga amakuru arebana n’abahuye n’umurwayi wa Coronavirus cyangwa agahisha ibimenyetso byayo, aba ashyize ubuzima bwa benshi mu kaga kandi abihanirwa n’amategeko.
Ibimenyetso bya Coronavirus ni inkorora, guhumeka bigoranye n’umuriro. Ubigaragaje asabwa:
- Guhamagara umurongo utishyurwa wa 114 agahabwa ubufasha.
- Ashobora no kwipimisha akoresheje *114#, agakurikiza amabwiriza.
- Yakohereza ubutumwa bugufi kuri 0788202080.
- Ukoresha uburyo bwa E-mail, yakohereza ubutumwa kuri callcenter@rbc.gov.rw.



