Ministeri y’ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 7 Mata 2020 yatangaje ko nta murwayi mushya wa Coronavirus wagaragaye mu bipimo 806 byafashwe.
Ibi byatumye umubare w’abagaragayeho iki cyorezo uguma ku 105, muri bo 7 bakaba barakize.
Abarwayi bose bari kuvurirwa ahantu habugenewe kandi bari koroherwa; nta n’umwe urembye. Abenshi muri bo nta bimenyetso bya Coronavirus bakigaragaza.
ABANYARWANDA N’ABATURARWANDA BARASABWA GUKOMEZA KUBAHIRIZA AMABWIRIZA YO GUKUMIRA IKWIRAKWIRA RYA CORONAVIRUS, BAKARABA INTOKI KENSHI KANDI NEZA, BAHANA INTERA BYIBUZE YA METERO IMWE NDETSE BANIRINDA GUKORA INGENDO ZITARI NGOMBWA, BAGUMA MU NGO IWABO.
IBIMENYETSO BY’INGENZI BYA CORONAVIRUS NI INKORORA, GUHUMEKA BIGORANYE N’UMURIRO. UWABIGARAGAZA YAHAMAGARA UMURONGO UTISHYURWA WA 114, AGAHABWA UBUFASHA CYANGWA AKITABAZA UMUJYANAMA W’UBUZIMA UMWEGEREYE.



