Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 30 Gicurasi 2020 yatangaje ko umurwayi umwe yishwe n’icyorezo cya Covid-19.
Uyu ni umushoferi w’imyaka 65 y’amavuko warembeye mu gihugu cy’abaturanyi yari atuyemo, ahitamo gutaha mu Rwanda.
Yapfuye azize kwangirika imyanya y’ubuhumekero.

Uyu munsi habonetse abantu bashya banduye iki cyorezo bane mu bipimo 1368 byafashwe. Abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri rusange ni 359.
Abamaze gukira ni 250 barimo batatu b’uyu munsi, abasigaye uko ari 108 baracyarwaye.



