Sake: FARDC yaramutse isuka amabombe kuri M23

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatanu watangaje ko ingabo zawo zaramutse zisukwaho umuriro w’amabombe n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umuvugizi w’ishami rya Politiki ry’uyu mutwe, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko kuva mu gitondo ingabo za Leta ziri kurasa ku birindiro by’ingabo za M23 zikoresheje imbunda ziremereye, anashinja izi ngabo kurasa mu duce dutuwe n’abasivile.

Ati: “Kuva saa 08:00 zo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 22 Ugushyingo, ingabo zihuje za Guverinoma ya Kinshasa zagabye ibitero by’imbunda ziremereye mu duce dutuwe cyane i Sake no mu nkengero zaho.”

Kanyuka yunzemo ko ibi bikorwa by’Ingabo za Congo bigize kwica agahenge ndetse ingabo za Leta zikaba zibikora kenshi.

Imirwano yo kuri uyu wa Gatanu muri Sake irakurikira iyabaye ku wa Gatatu tariki ya 20 Ugushyingo 2024.

Ni imirwano yiciwemo abasirikare benshi barimo aba FARDC, ab’u Burundi ndetse n’abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *