felix_tshisekedi_recoit_mahmoud_thabit_kombo_25_jpeg_711_473_1

Perezida wa Tanzania yohereje intumwa idasanzwe muri DRC

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 2 Nzeli 2025 Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Tanzaniya, wari uzanye ubutumwa bwihariye bwa mugenziwe Perezida Samia Suluhu Hassan.

Mahmoud Thabit Kombo, intumwa idasanzwe iturutse muri Tanzaniya yasobanuye ko azaniye Perezida wa Congo Felix Tshisekedi wa DRC ubutumwa bwa mugenzi we Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania.

Yavuze ko Perezida wa Tanzaniya Suluhu Hasssan aha agaciro gakomeye umutekano no kwinjizwa kwa Congo mu muryango w’akarere k’Afurika y’uburasirazuba, nk’inkingi y’iterambere n’ubufatanye mu karere k’ibiyaga bigari.

Ibiganiro ku mpande zombi, byagaragaje ubushake bwo gushimangira ubufatanye hagati y’ibihugu byombi mu rwego rwa politiki, ubukungu ndetse no mu bucuruzi.

Intumwa ya Tanzaniya yashimye uburyo yakiriwe na Perezida Tshisekedi, anemeza ko umubano wa Congo na Tanzaniya ushingiye ku bufatanye bwa politiki, ubucuruzi n’ubutwererane muri dipolomasi.

Tanzaniya iri mu bihugu byihuse gusaba ko habaho agahenge k’agateganyo no guhagarika intambara mu burasirazuba bwa Congo nyuma y’uko umujyi wa Goma wigaruriwe n’umutwe wa AFC/ M23 muri Mutarama uyu mwaka.

Tanzania kandi yagaragaje ko hakenewe igisubizo cya politiki mu maguru mashya kugira ngo intambara no kuba abaturage bakurwa mu byabo n’intambara, ubwiyongere bw’umutekano muke mu karere, kuko byose bishobora guhungabanya ubucuruzi bw’ibihugu byo mu muryango w’ibihugu by’akarere k’ibiyaga bigari.

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *