Abimukira bagera ku 140 barohamiye mu gihugu cya Senegal, mu mpanuka ya mbere y’ubwayo ihitanye abantu benshi muri 2020 nk’uko byatangaje n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bimukira (IOM).
Itangazo IOM yasohoye ku munsi w’ejo, rivuga ko ubwato bwakoze impanuka bwari butwaye abantu babarirwa muri 200.
Yunzemo iti: “IOM ibabajwe cyane n’iri sanganya riherutse kuba, nyuma y’amato ane yarohamye rwagati mu nyanja ya Mediterane mu cyumweru gishize n’ubundi bwarohamye ku gice cy’Ubwongereza.”
Amakuru avuga ko ingabo zirwanira mu mazi zo mu bihugu bya Sénégal na Espagne ku bufatanye n’abarobyi, zashoboye kurokora abantu 56 zinabona imirambo y’abandi 20.
IOM yasobanuye ko buriya bwato bwari bwerekeje mu birwa bya Canary bigenzurwa n’igihugu cya Espagne, ariko buza gufatwa n’inkongi y’umuriro bugeze ahitwa Saint-Louis birangira burohamye. Ni nyuma y’amasaha make buhaguritse mu mijyi wa Mbour uri mu Burengerazuba bwa Sénégal.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bimukira rivuga ko umubare w’amato atwara abimukira ava mu Burengerazuba bwa Afurika yerekeza mu birwa bya Canary yikubye incuro enye, ku buryo nko muri uyu mwaka honyine hamaze kugera ababarirwa muri 11,000.
Nko mu kwezi gushize honyine amato 14 yari atwaye abimukira babarirwa muri 663 yagerageje kwambuka ajya muri biriya birwa.
Ibi Bakary Doumbia ukuriye IOM muri Sénégal yabihereyeho asaba ibihugu bitandukanye, abafatanyabikorwa n’Imiryango Mpuzamahanga gufatanya “gusenya imiyonoro y’ubucuruzi bw’abantu na magendu ikoreshwa n’urubyiruko rwihebye.”
Leta ya Senegal ku bufatanye na IOM, bamaze gutegura urugendo rujya i Saint-Louis [[mu]] rwego rwo kumenya icyo abarokotse iriya mpanuka bakeneye no kubaha ubufasha bwihuse.
Senegal: Abatari bake baguye mu mpanuka y’ubwato mbi kurusha izindi mu 2020
Aba bantu iyaba bamenyaga urubategereje bakwigumira iwabo!
Senegal: Abatari bake baguye mu mpanuka y’ubwato mbi kurusha izindi mu 2020
Aba bantu iyaba bamenyaga urubategereje bakwigumira iwabo!