Sergio Busquets yasezeye FC Barcelona yandikiyemo amateka

Umunya-Espagne Sergio Busquets yatangaje ko azatandukana na FC Barcelona ubwo umwaka w’imikino wa 2022/23 uzaba urangiye, nyuma y’imyaka 15 ayikinira.

Iyi kipe y’i Catalunya yemeje aya makuru binyuze mu mashusho yashyize ku mbuga nkoranyambaga zayo.

Ni amashusho Busquets agaruka ku bihe byiza yagiriye muri Barà§a kuva ayigezemo akiri umwana muto kugeza urugendo rwe nk’umukinnyi wayo rurangiye.

Mu butumwa yageneye abafana b’iyi kipe yagize ati: “igihe kirageze ngo ntangaze ko uyu ari wo mwaka w’imikino wa nyuma wanjye muri Barà§a. Rwari urugendo rutibagirana. Kuva nkiri muto ubwo nazaga kureba imipira cyangwa nkayireba kuri Televiziyo, buri gihe nagiraga indoto zo gukina nambaye uyu mwambaro no gukinira muri iyi Stade.”

Busquets yavuze ko kuba yarashoboye gukinira FC Barcelona birenze inzozi ze, bijyanye n’uko atiyumvishaga ko ashobora gukinira iyi kipe y’i Catalunya afata nk’iya mbere ku Isi imyaka 15 yose.

Ati: “Ni ikipe y’ubuzima bwanjye; ikipe nahoze kandi nzahora mbereye umufana, umunyamuryango, umukinnyi ndetse n’umufana.”

Uyu mukinnyi w’imyaka 34 y’amavuko yavuze ko kuba yarashoboye gukinira FC Barcelona ari “icyubahiro, inzozi ndetse n’isoko y’ishema, ndetse bisobanura buri kimwe cyose nakora mu kurinda iki kirango [cy’ikipe] mu myaka myinshi.”

Sergio Busquets wavuze ko atorohewe n’icyemezo cyo gusezerera FC Barcelona, yashimiye buri wese ufite aho ahuriye n’iriya kipe yaba abafana, abayobozi, abatoza bose babanye, abakinnyi bakinanye, itangazamakuru ndetse n’abafatanyabikorwa bayo ku bw’ibihe bidasanzwe bagiranye.

Yashimye kandi umuryango we wamubaye hafi mu rugendo rwe nk’umukinnyi.

Sergio Busquets afatwa nk’umwe mu bakinnyi beza bo hagati mu kibuga isi yigeze igira mu mupira w’amaguru; by’umwihariko yibukirwa cyane ku butatu we n’abarimo Andres Iniesta na Xavi Hernandez bari barubatse hagati ya 2009 na 2015.

Mu myaka 15 yari amaze muri Barcelona, yatwaranye na yo ibikombe 30 birimo bitatu bya UEFA Champions league, umunani bya shampiyona ya Espagne na birindwi bya Copa Del Rey.

Amakuru kuri ubu arerekeza uyu mukinnyi muri Arabie Saoudite aho umuhagarariye amaze iminsi aganira n’amakipe ya Al Nassr, Al Hilal na Al Shabaab.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *