screenshot_20200811-070850_1597130621118.jpg

Shaddy Boo yavuze ku gihuha cy’abavugaga ko yaraye muri Gereza

Umunyamiderikazi Mabazi Shadia uzwi cyane nka Shaddy Boo, yahakanye amakuru yita ko ari ibihuha yamuvuzweho ejo kuwa 10 Kanama 2020, yavugaga ko yatawe muri yombi akaba anaraye mu buroko.

Aya makuru yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga n’uwiyita The Cat Babalao ukunze gutangaza amakuru atandukanye ku byamamare abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze. Yagize ati” Aho tuvugira aha Shadia yibereye mu gihome”. Arongera ati” Sha mukecuru bamubabarire asange abana ntabwo azongera kwangiza amasaha ya Covid-19″.

Shaddy Boo akibona amagambo yamuvuzweho nawe ntiyacecetse ahubwo yabajije uyu The Cat niba amakuru yaramushiranye akabura ibyo atangaza. Yagize ati” Bro inkuru zaragushiranye? Uziko uhora umfungisha, nzafungurwa ryari”? [Ashyiraho utumenyetso tugaragaza ko ari kwisekera].

Ku munsi w’ejo ni bwo Shaddy Boo yari yashyize “Post” ku mbuga ze nkoranyambaga asaba RIB na Polisi y’Igihugu ubusobanuro byimbitse ku bikorwa by’isaka yavugaga ko bakora batabisabiye uruhushya usakwa. Gusa nta kanya kashize, yahise asiba ubwo butumwa bwose. Polisi y’u Rwanda nayo ikaba yarahakanye ibi byatangajwe na Shaddy Boo.

screenshot_20200811-070850_1597130621118.jpg
Shaddy Boo yasetse ibyo The Cat yavuze
screenshot_20200811-070841_1597130652467.jpg
Aribaza niba The Cat nta nkuru akigira

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *