Guverinoma ya Sierra Leone yatangaje ko imaze guta muri yombi abantu 57 biganjemo abasirikare, bagakekwaho kugira uruhare mu igerageza ryo guhirika ubutegetsi riheruka kuba muri iki gihugu.
Ku wa 26 Ugushyingo ni bwo i Free Town mu murwa mukuru wa Sierra Leone hageragejwe coup d’état, gusa iza gupfuba.
Abamaze gutabwa muri yombi barimo 14 (abasirikare 13 n’umusivile umwe) bafashwe ku wa 28 Ugushyingo.
Minisitiri w’Itangazamakuru muri Sierra Leone, Yusuf Keketoma Sandi, yabwiye Radiyo y’Igihugu ko “abantu 57 batawe muri yombi kuva habaye ipfuba rya Coup d’état.”
Mu bantu 57 batawe muri yombi harimo abasirikare 37. Muri bo kandi harimo abasirikare bane birukanwe mu gisirikare, abapolisi batanu ndetse n’umwe wasezerewe muri Polisi.
Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize Perezida Julius Maada Bio yari yatanze isezerano ry’uko igisubizo kuri coup d’état yageragejwe “kizafatwa hashingiwe ku mategeko.”
Mu ijoro ryo ku wa 26 Ugushyingo ni bwo abagabo bitwaje intwaro bateye ikigo kibarizwamo imodoka z’intambara, ibigo bibiri bya gisirikare, gereza ebyiri cyo kimwe na station za Polisi; mbere yo guhangana n’inzego z’umutekano.
Ni imirwano yiciwemo abantu 21, barimo abasirikare 14, umupolisi umwe, ushinzwe umutekano, umucungagereza ndetse na batatu mu bari bagabye igitero.
Sierra Leone yageragejwemo Coup d’état, mu gihe kuva muri 2020 igice cya Afurika y’Iburengerazuba iherereyemo cyakunze kwibasirwa na za coup d’état.
Muri zo harimo izabaye muri Mali, Burkina Faso, Niger na Guinée. Coup d’état kandi mu ijoro ryo ku wa Gatanu w’icyumweru gishize yageragejwe muri Guinée Bissau nk’uko Perezida Umaro Sissoco Embalo yabitangaje.


