Somalia: Abantu batatu barimo umudepite biciwe mu gitero cyigambwe na Al Shabab

Kuri uyu wa Mbere, nibura abantu batatu bishwe barimo umudepite ndetse n’umukozi w’akarere, ubwo igisasu cyaturikiraga muri leta ya Galmudug yo muri Somalia rwagati, nk’uko umuyobozi mu nzego z’umutekano yabyemeje.

Iki gitero cyabereye mu mujyi wa El-Garas, ingabo z’igihugu cya Somalia zavuze ko zabohoye ziwambuye abaterabwoba ba al-Shabaab zibifashijwemo n’abaturage mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere.

Mohamed Mohamud, umwe mu bagize inteko ishinga amategeko ya leta ya Galmudug, yiciwe muri icyo gitero ubwo yari aherekeje abandi banyapolitiki n’abayobozi b’igisirikare cya Somalia gusura akarere kambuwe abarwanyi ba al-Shabaab, nk’uko umuyobozi ushinzwe umutekano i Dhusamareb, umurwa mukuru wa Leta ya Galmudug yabitangarije Anadolu kuri terefone, asaba ko izina rye ritatangazwa kubera ko atari yemerewe kuvugana n’itangazamakuru.

Yavuze ko iki gisasu cyahitanye abandi babiri, barimo umuyobozi mu karere ka Dhusamareb.

Nyuma yaho, umutwe w’iterabwoba wa Al-Shabaab ukorera muri Somalia wigambye icyo gitero mu itangazo ryashyizwe ku mbuga nkoranyambaga.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *