Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 05 Ukwakira 2024, Minisitiri w’ingabo wa Somalia yavuze ko abaterabwoba barenga 100 ba al-Shabaab bishwe abandi benshi barakomereka ubwo Ingabo za Leta ya Somalia (SNA) zishyigikiwe n’abaturage ndetse n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga bashinzwe umutekano zagabaga ibitero kuri uyu mutwe mu Ntara ya Galgadud rwagati.
Umutwe w’iterabwoba wibasiwe mu bice bya Bida Isse na Geriile mu Mujyi wa Eeldheer uherutse kubohorwa muri Galmudug nk’uko iyi nkuru dukesha Anadolu Agency ivuga.
Minisitiri w’ingabo, Abdulkadir Mohamed Nur, yatangarije abanyamakuru mu murwa mukuru, Mogadishu, ko ibikorwa birimo ibitero byo ku butaka ndetse n’indege byari bigamije gusenya ibikorwa remezo by’umutwe w’iterabwoba.
Ati: “Ku rwego rw’igihugu, SNA iri gukora ubutumwa bugamije kurushaho kunaniza ibirindiro bya Al-Shabaab n’ubuyobozi”. Ku butumwa bw’Umuryango wa Afurika Yunze ubumwe muri Somalia, yavuze ko umwaka utaha, hazatangizwa igikorwa gishya “cyo gusimbuza ATMIS, kandi Ingabo za Ethiopia ntizizitabira keretse nizisesa amasezerano yabo y’ibinyoma.”
Yashimye kandi itangizwa ry’ubwato bw’ubushakashatsi bw’ibiza bwa Turkiya, Oruc Reis, muri Somalia, avuga ko iki cyemezo kiri mu gushyira mu bikorwa amasezerano mu bya gisirikare n’ubukungu hagati ya Somalia na Turkiya yashyizweho umukono mu ntangiriro z’uyu mwaka.


