Somalia iri gucyura abinjijwe babeshywa akazi muri Qatar bakisanga mu myitozo ya gisirikare muri Eritrea

Somalia yatangiye gucyura abasirikare bayo yavuze ko yohereje mu myitozo mu gihugu cy’igituranyi cya Eritrea, nyuma y’imyigaragambyo yabereye mu mijyi myinshi y’igihugu kubera ibirego bivuga ko binjijwe mu gisirikare bigendeye ku binyoma kandi bagafatwa bugwate .

Aba basirikare boherejwe muri Eritrea mu gihe cy’uwahoze ari Perezida, Mohamed Abdullahi Farmaajo. Nyuma yo kugera ku butegetsi muri Gicurasi, guverinoma ya Perezida Hassan Sheikh Mohamud yavuze ko abasirikare 5.000 baburiwe irengero “babonetse” muri Eritrea kandi ko bazagaruka mu rugo vuba.

Benshi mu bagize imiryango yabo batangarije Reuters umwaka ushize ko aba bantu bashatswe na Guverinoma ya Somalia ibabwira ko bagiye gukora akazi muri Qatar, ariko ko nyuma bisanga muri Eritrea aho bahatiwe kujya mu gisirikare.

Abanenga Eritrea bakunze kuvuga ko ari nka “Koreya ya Ruguru ya Afurika” kubera gukoresha imirimo y’agahato, gukandamiza no kugenzura abaturage bayo cyane.

Kwinjiza mu gisirikare mu ibanga kw’abasore bo muri Somalia kwateje uburakari muri rubanda kandi bitera imyigaragambyo mu murwa mukuru, Mogadishu, n’ahandi.

Guverinoma za Somalia na Eritrea zahakanye ko abo bagabo bahagumye batabishaka.

Minisitiri w’ingabo muri Somalia, Abdulqadir Mohamed Nur, yatangarije Reuters ko itsinda rya mbere ry’ingabo, atigeze agaragaza umubare, ryaturutse muri Eritrea ryageze muri Somalia kuri uyu wa Gatatu ushize.

Ati: “Bazagira uruhare mu ntambara yo kurwanya al Shabaab”

Ntabwo hazwi byinshi ku byo izo ngabo za Somalia zakoze igihe zari muri Eritrea, gusa raporo y’Umuryango w’Abibumbye y’umwaka ushize yavuze ko bamwe muri bo boherejwe kurwana mu ntambara yaberaga mu ntara ya Tigray muri Ethiopia.

Abategetsi ba Somalia ariko bahakanye ko abo basirikare bagize uruhare mu ntambara yo muri Ethiopia.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *