Leta ya Somalia yatangaje ko Umuyobozi w’Umujyi wa Mogadishu, Abdirahman Omar Osman, yitabye Imana nyuma yo gukomerekera mu gitero cy’iterabwoba cya Al Shabab ku biro bye mu cyumweru gishize,
Umuvugizi wa Perezidansi ya Somalia yatangaje ko Abdirahman Omar Osman yitabye Imana kuri uyu wa Kane, itariki 01 kanama aguye muri Qatar aho yari yajyanwe kuvuzwa nyuma y’icyo gitero cyo kuwa 24 Nyakanga.
Umutwe w’iterabwoba wa Al Shabab ndetse n’abayobozi ba Somalia bavuze ko umwiyahuzi w’umugore ari we wakoreshejwe muri iki gitero. Ibi ngo akaba ari ibintu bikunze kuba gacye.
Bavuga ko iki gitero cyari cyateguriwe Umunyamerika, James Swan, Intumwa nshya Idasanzwe ya Loni muri Somalia. Igitero kikaba cyaragabwe nyuma y’iminota mikeya James SSwan asohotse mu biro bya Meya wa Mogadishu, nyakwigendera Abdirahman Omar Osman.
Iyi nkuru dukesha VOA isoza ivuga ko ibijyanye n’uburyo uyu mwiyahuzi w’umugore yabashije kwinjira mu biro bya Meya bidasobanutse neza. Impamvu ngo ubusanzwe abashaka kubonana na Meya byabasabaga kubanza kunyura ahantu hane hari ibyuma bisuzuma niba nta ntwaro bitwaje.


