202545638794286910151363

Somalia: Umuyobozi w’ingabo yishwe arimo kugeza ijambo ku basirikare

Ku wa Gatandatu ushize, itariki 5 Mata 2025, Umuyobozi mukuru w’ingabo muri Somaliya yishwe ubwo yari arimo kugeza ijambo ku basirikare.

Umuyobozi wa Brigade ya 14, Colonel Nur Farey, yishwe n’umugabo wari wambaye imyenda ya gisirikare mu gace ka Addow Dibille hafi y’Umujyi wa Afgo, mu karere ka Lower Shabelle.

Iyi nkuru dukesha Chimpreports ivuga ko umwicanyi yegereye Col. Nur Farey arasa amasasu arenze abiri, aramukomeretsa cyane.

Abategetsi ba Somaliya batangije iperereza kugira ngo bamenye niba umwicanyi yari umucengezi wa al-Shabaab.

Farey yari ayoboye ubukangurambaga bugamije kongera kwigarurira Umujyi wa Awdhegle bawambuye inyeshyamba za al-Shabaab.

Brigade yitiriwe itariki ya 14 Ukwakira (The 14th October Brigade) yashinzwe mu rwego rwo kwibuka abahitanywe n’igitero kimwe cy’iterabwoba cyahitanye abantu benshi kurusha ibindi muri Afurika, i Mogadishu mu masangano ya K-5, kishe kandi gihitana abantu 1000 ku itariki ya 14 Ukwakira 2017.

Brigade yitiriwe itariki ya 14 iyoboye ubukangurambaga bugamije kwigarurira imijyi yari ifitwe n’umutwe w’iterabwoba wa al-Shabaab mu karere ka Shabelle.

Iyicwa rya Farey ryabaye mu gihe Perezida wa Somaliya, Hassan Sheikh Mohamud, yari yasuye Uganda kugira ngo agirane ibiganiro na mugenzi we wa Uganda, Yoweri Museveni, ku kibazo cy’umutekano mu Ihembe rya Afurika rikomeje kwibasirwa n’intambara.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *