Abanyamahanga babarizwa mu mujyi wa Khartoum no mu nkengero zayo bahawe gasopo ko bagomba kuvana akarenge bitarenze iminsi 15 mu rwego rwo kubungabunga umutekano wabo.
Igipolisi cya Sudan cyasabye abo banyamahanga gukuramo akabo karenge nyuma y’inama yakozwe muri iki cyumweru , bitaba ibyo bakirengera ibizababaho kuko intambara ikomeje mu bice bitandukanye.
Uyu muburo uje nyuma y’uko abanyamahanga barenga 150 bari bafite ibyangobya byarengeje igihe baherutse gutabwa muri yombi n’inzego z’umutekano za Sudan.
Bamwe bakekwaho gukorana n’abarwanyi ba RSF bahanganye n’ingabo z’Igihugu, mu mirwamo imaze umwaka muri iki Gihugu yo kurwanira ubutegetsi.
Kugeza ubu abantu barenga miliyoni 10 bavuye mu byabo barahunga kuva intambara yakwaduka mu mwaka ushize, ababarirwa mu bihumbi bakaba barahatakarije ubuzima, mu gihe abandi benshi bugarijwe n’inzara.


