Abayobozi bo muri Sudani kuri uyu wa Kabiri ushize batangaje ko abantu byibuze 38 bapfiriye mu kirombe cya zahabu nyuma y’aho itaka ribiyubitse hejuru mu Ntara ya Kordofan y’Uburengerazuba.
Kompanyi y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro yo muri iki gihugu mu itangazo yasohoye yatangaje ko inkangu yabaye mu kirombe cyari gifunze mu Mudugudu wa Fuja, mu birometero 700 ugana mu majyepfo y’Umurwa Mukuru, Khartoum.
Iyi kompanyi yongeyeho ko hari n’abakomeretse itavuze umubare.
Itangazamakuru ryo muri Sudani ariko rivuga ko usibye abapfuye abandi bantu byibuze umunani bakomeretse bajyanwe mu bitaro byo muri ako karere.
Iki kigo cy’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro kandi nk’uko bitangazwa na VOA yashyize kuri facebook amafoto agaragaza abaturiye iki kirombe bari gushakisha imirambo n’abarokotse.
Andi mashusho yerekanye abantu bari gutegura imva za gakondo zo gushyinguramo abapfuye.
Isosiyete yavuze ko iki kirombe kiri kitagikora ariko abacukuzi baho basubiyemo nyuma y’uko abashinzwe umutekano bari baharinze bahavuye. Ntiyavuze igihe ikirombe cyahagaritse gukora.


