Igitero cyagabwe ku modoka z’ibiribwa z’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani cyahitanye abantu batanu kandi kibuza kugeza ibiryo ku bana n’imiryango bugarijwe n’inzara muri al-Fashir ya Darfur y’Amajyaruguru, nk’uko Ibiro Ntaramakuru by’Abanyamerika byatangaje kuri uyu wa Kabiri.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Abana ( UNICEF ) n’Ishami rishinzwe Ibiribwa (PAM) byagize biti: “Abantu batanu bari bari muri izo modoka bishwe abandi benshi barakomereka. Amakamyo menshi yatwitswe, n’ibikoresho bikomeye by’ubutabazi byangiritse”.
Ntibavuze uwabigizemo uruhare ariko basabye ko hakorwa iperereza ryihuse kuri icyo gitero, bavuga ko ari ukurenga ku mategeko mpuzamahanga arengera ikiremwamuntu.
Hatabonetse ubufasha bushya vuba nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ikomeza ivuga, abantu ibihumbi magana muri al-Fashir bafite “ibyago byinshi byo guhura n’imirire mibi n’inzara”, nk’uko Umuryango w’Abibumbye ubyemeza.
Imfashanyo zagiye zihura n’intambara imaze imyaka ibiri hagati y’Ingabo za Sudani n’Ingabo za Rapid Support Forces, zasize abaturage barenga kimwe cya kabiri mu nzara kandi bituma amamiliyoni ata ingo zabo.


