Intumwa idasanzwe y’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani, Volker Perthes, yatangaje ko yeguye kuri uyu wa Gatatu nyuma y’uko guverinoma ya gisirikare iyoboye igihugu imutangarije ko atagikenewe ” persona non grata ” ku butaka bwabo muri Nyakanga.
Perthes yabwiye akanama gashinzwe umutekano ati: ” Ndashimira umunyamabanga mukuru kuri ayo mahirwe no kunyizera, ariko namusabye kunsimbura kuri izi nshingano.”
Abayobozi ba Sudani bari bashinje Perthes guhembera amakimbirane muri Sudani maze basaba ko yakurwaho nk’uko iyi nkuru dukesha Anadolu Agency ivuga.
Muri Mata imirwano yadutse hagati y’ingabo za Sudani ziyobowe na Gen. Abdel Fattah al-Burhan n’umutwe witwara gisirikare wa Rapid Support Force (RSF) kandi nta kimenyetso cyerekana ko intambara yenda kurangira.
Mu ijambo aheruka kugeza ku Kanama k’Umutekano, Perthes yatanze umuburo agira ati: ” Icyatangiye ari amakimbirane hagati y’imitwe ibiri ya gisirikare gishobora kuvamo intambara yeruye y’abanyagihugu. ”
Kuva muri Mata intambara yatangira, abaturage barenga 3.000 barapfuye abandi ibihumbi barakomereka mu mirwano.
Amasezerano menshi yo guhagarika imirwano yageragejwe na Arabia Saoudite na Leta Zunze Ubumwe za Amerika nk’abunzi yananiwe guhagarika imirwano.


