Indege ya gisirikare ya Sudani yaguye mu gace gatuwe ko mu nkengero z’umurwa mukuru, Khartoum, ihitana abasirikare benshi bakuru ndetse n’abasivili.
Nk’uko amakuru aturuka mu gisirikare agera ku Biro Ntaramakuru Reuters abitangaza, ngo iyi ndege yakoze impanuka kuri uyu wa Kabiri, itariki 25 Gashyantare 2025, ubwo yahagurukaga ku kibuga cy’indege cya gisirikare cya Wadi Seidna giherereye mu majyaruguru ya Omdurman, igice cya Khartoum Ngari, ihitana abantu barenga 46.
Amakuru akomeza agera kuri Reuters avuga ko iyi mpanuka y’indege yashobokaga cyane kubera impamvu za tekiniki.
Bivugwa ko Maj. Gen. Bahr Ahmed, umuyobozi mukuru w’ingabo muri Khartoum, ari mu bapfuye.
Igisirikare cya Sudani gihanganye n’ingabo z’umutwe wa Rapid Support Forces (RSF) kuva mu kwezi kwa Mata 2023, cyasohoye itangazo kivuga ko abasirikare n’abasivili bishwe, ariko nta yandi makuru arambuye cyatanze.
Iri tangazo rigira riti: “Abakomeretse bajyanywe mu bitaro kandi itsinda rishinzwe kuzimya umuriro ryashoboye kuzimya umuriro aho impanuka yabereye.”
Abatuye mu majyaruguru ya Omdurman bavuze ko iturika rikabije ryatewe n’iyi mpanuka, yangije amazu menshi ndetse inatera kubura amashanyarazi mu bice bihegereye.
Komite y’abakorerabushake ishinzwe gukusanya imfashanyo muri Sudani, yatangaje ko imirambo 10 n’abantu benshi bakomeretse bazanywe mu bitaro bya al-Nao i Omdurman, nk’uko byatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru AFP.


