Sudani yahagaritse umubano n’umuryango wa IGAD

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 16 Mutarama, Sudani yahagaritse umubano n’umuryango wa IGAD ( Intergovernmental Authority on Development) washakaga gutegura ibiganiro hagati y’abahanganye muri iki gihugu.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yavuze ko guverinoma yahagaritse uruhare rwayo mu bikorwa by’ubwunzi bw’uyu muryango mpuzamaguverima w’iterambere (IGAD).

Minisiteri yavuze ko iki cyemezo cyafashwe nyuma y’uko IGAD yongereye Sudani ku murongo w’ibyigwa mu nama iteganijwe ku wa 18 Mutarama i Kampala, muri Uganda, yatumiwemo umuyobozi w’umutwe wa Rapid Support Force (RSF), Mohamed Hamdan Dagalo.

Ubutumire “ni ukurenga ku busugire bwa Sudani no kurenga ku masezerano n’amabwiriza agenga IGAD agenga imirimo y’imiryango mpuzamahanga n’iya akarere” nkuko tubikesha Anadolu Agency.

Sudani yaranzwe n’imirwano hagati y’ingabo z’igihugu ziyobowe na General Abdel Fattah al-Burhan, ukuriye akanama kari butegetsi muri iki gihugu, na RSF kuva muri Mata 2023.

Amasezerano menshi yo guhagarika imirwano yagizwemo uruhare n’abunzi; Arabia Saoudite na Leta Zunze Ubumwe za Amerika yananiwe guhagarika intambara.

Yavuze ko abasirikare batatu ba FARDC bari ku irondo ku mupaka rusange wa DRC n’u Rwanda bisanze ku bw’impanuka kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 16 Mutarama 2024 ahagana mu ma saa yine, ku butaka bw’u Rwanda.

Aba ni Soldat de 2ème Classe Assumani Mupenda, Soldat de 2ème Classe Anyasaka Nkoy Lucien (umusirikare wishwe) na Soldat de 2ème Classe Bokuli Lote.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *