Sudani yigaruriye ubutaka bwari bwigaruriwe n’abahinzi bo muri Ethiopia

Igihugu cya Sudani kuri uyu wa Kane cyatangaje ko ingabo zacyo ari zo zigenzura 100% ubutaka bwose bw’igihugu mu bice byegereye umupaka byari byigaruriwe n’abahinzi bo muri Ethiopia nyuma y’ibyumweru by’imirwano ya hato na hato.

Ethiopia ku ruhande rwayo, irashinja Leta ya Sudani kohereza ingabo zayo ku butaka bwayo zikahagaba ibitero.

Umwuka mubi ku mupaka uhuza ibihugu byombi wafashe intera mu ntangiriro z’Ugushyingo bitewe n’intambara yaberaga mu majyaruguru ya Ethiopia muri Leta ya Tigray, imwe mu 10 zigize iki gihugu, aho impunzi zisaga 50,000 z’abaturage ba Tigray zahunze zerekeza mu burasirazuba bwa Sudani.

Haje kwaduka imirwano ikaze ishingiye ku butaka bwo guhingaho mu karere ka Fashqa, ubusanzwe kabarizwa muri Sudani ariko kamaze imyaka karigaruriwe n’abahinzi bo muri Ethiopia.

Kuwa Gatandatu ushize nk’uko bitangazwa n’Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, Sudani yari yavuze ko igenzura igice kinini cy’aha hantu ariko atari hose.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’agateganyo, Omar Gamareldin ariko kuri uyu wa Kane, mu kiganiro n’itangazamakuru, yavuze ko ubu bagenzura iki gice cyose.

Ibiganiro hagati y’ibihugu byombi kuri iki kibazo byari byahagaritswe mu cyumweru gishize. Abayobozi ba Sudani bavuga ko Ethiopia itigeze irwanira ku mugaragaro iki gice, hagaragajwe imbibi zacyo zigitandukanya na Ethiopia mu myaka isaga 10 ishize, ariko mu kiganiro n’itangazamakuru kuwa Kabiri ushize, umuvugizi wa minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Ethiopia yatangaje ko Sudani yohereje ingabo zayo ku butaka bwabo.

Ni mu gihe kuri uyu wa Kane Akanama gashinzwe Ubusugire bw’igihugu cya Sudani kavuze ko ingabo za Sudani zitigeze ziva muri Sudani.

Gen. Abderfattah al-Burhan ati “Sudani ntiyigeze kandi ntizigera irenga imipaka mpuzamahanga cyangwa ngo ivogere umutaranyi wacu Ethiopia,”

Yongeyeho ko Sudani iri gushaka uko yacyemura ikibazo cy’abahinzi bambukiranya umupaka binyuze mu biganiro.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *