Ingabo za Leta ya Syria zishyigikiwe n’u Burusiya, zikomeje guhangana n’inyeshyamba, zongeye kubura imirwano, barwanira kugenzura undi mujyi ukomeye nyuma y’ifatwa rya Aleppo .
Iyi mirwano biravugwa ko yabayemo “urugomo rukabije” kuva amakimbirane aherutse kubura yatangira mu ntambara yo muri Syria.
Inyeshyamba zo mu mutwe wa Hayat Tahrir al-Sham (HTS) zari ziherutse kwigarurira Umujyi wa Aleppo, wa kabiri munini muri Syria, n’imidugudu igera kuri 40 mu cyumweru gishize.
Kuri uyu wa Kabiri, izi nyeshyamba z’abayisilamu n’abafatanyabikorwa bazo bari bari kwerekeza mu Mujyi wa Hama nawo ukomeye muri Syria, nk’uko Umuryango ushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu w’Abanyasiriya ufite icyicaro mu Bwongereza (SOHR) ubitangaza.
Abarwanyi bo mu mutwe wa Hayat Tahrir al-Sham (HTS) barwanaga mu cyo SOHR yise imirwano “ikaze cyane” yabahuje n’ingabo za leta kuva bubura imirwano mu gitero gitunguranye mu cyumweru gishize.


