Kuri uyu wa Mbere, Taiwan yatangaje ko u Bushinwa bwinjije indege za gisirikare 71 mu kirere cyayo cy’ubwirinzi mu masaha 24 ashize .
U Bushinwa bwatangaje ko “imyitozo yabwo” n “” irondo,” birimo indege n’indege zitagira abapilote, ku Cyumweru biri mu rwego rwo guhangana n’ubushotoranyi n’ubufatanye hagati ya Amerika na Taiwan.
Umuvugizi w’igisirikare cy’u Bushinwa (PLA), Shi Yi, yagize ati: “Iki ni igisubizo gihamye ku bijyanye no kwiyongera kw’ubushotoranyi bwa Amerika na Taiwani.”
Indege 43 zarenze umurongo
Raporo ya Minisiteri y’ingabo y’igihugu cya Taiwan ivuga ko bivugwa ko indege 43 z’Abashinwa zambutse umurongo wo hagati, utagaragara ugabanya ibihugu byombi uherereye hagti mu karere k’ubwirinzi mu kigobe cya Taiwan nk’uko tubikesha Euronews.
Igisirikare cy’u Bushinwa kandi cyohereje umuburo, indege z’intambara ya elegitoroniki n’indege zirasa amato y’intambar agendera munsi y’amazi mu majyepfo y’akarere k’ubwirinzi ka Taiwani (ADIZ).
Guverinoma y’icyo kirwa yavuze ko Taiwani na yo yohereje indege z’intambara hatavuzwe umubare kugira ngo ziburire indege z’Abashinwa mu gihe sisitemu za misile za yo zakurikiraniraga hafi izo ndege.


