Tanzania yisubiyeho ku itegeko ryabuzaga ibicuruzwa biva mu buhinzi biva muri Malawi no muri Afurika y’Epfo, nk’uko byatangajwe ku wa Gatanu, nyuma y’iminsi mike rishyizweho mu rwego rwo kwihorera kubera ingamba nk’izo zashyizweho n’ibihugu byombi.
Umuyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe ubuzima n’imiti yica udukoko muri Tanzania (TPHPA), Joseph Ndunguru, yavuze ko Tanzania yakuyeho iryo tegeko kugira ngo habashe kubaho “ibiganiro bya dipolomasi ku rwego rwa minisiteri.”
Yavuze ko ibihugu byombi byageze ku buryo butandukanye bugamije gukemura amakimbirane y’ubucuruzi binyuze mu biganiro.
Ku wa Gatatu, minisiteri y’ubuhinzi ya Tanzania yabujije kwinjiza ibicuruzwa byose bikomoka mu buhinzi biva Malawi na Afurika y’Epfo ndetse inabuza kohereza ifumbire ya Tanzania muri Malawi. Ihagarikwa ry’iyoherezwa ry’ifumbire mvaruganda muri Malawi ubu naryo ryavanweho.
Abanyamuryango ba SADC
Ibihugu uko ari bitatu byose bigize Umuryango w’Ubukungu w’akarere, ka Afurika y’amajyepfo (SADC).
Malawi yari iherutse kubuza gutumiza ibicuruzwa bikomoka mu buhinzi biva muri Tanzaniya nk’ifu y’ibigori, umuceri, ginger, ibitoki, n’ibindi bicuruzwa, mu gihe Afurika y’Epfo nayo yahagaritse kwakira ibitoki bivuye muri Tanzania.


