Tchad igiye kohereza muri Mali izindi ngabo mu gihe u Bufaransa burimo gukurayo akarenge

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Mali yavuze ko Tchad iteganya kohereza abandi basirikare 1.000 muri Mali kugira ngo bongere ingufu ingabo zayo zirwanya intagondwa, nyuma y’aho u Bufaransa bukomeje gukura ingabo zabwo mu karere ka Sahel.

Abasirikare ba Tchad bagize hafi 1400 mu ngabo z’umuryango w’abibumbye zigamije kubungabunga amahoro zigera ku 13.000 mu majyaruguru no hagati ya Mali, aho intagondwa z’abayisilamu zikomeje ibikorwa byazo nubwo hashize imyaka icyenda ingabo mpuzamahanga zigerageza kuzica intege.

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Mali mu itangazo ryo kuwa Gatanu yatangaje ko ingabo Tchad igiye kohereza zigiye kongerera ingufu izindi zihasanzwe nyuma y’aho u Bufaransa buhavanye ingabo zabwo zigera mu 5,000 zari muri Operation Barkhane.

Minisiteri yagize ati: “Koherezwa biri mu rwego rw’imikoranire hagati y’ibihugu byombi bisabwe na Guverinoma ya Tchad kugira ngo yongerere ingufu ingabo zayo mu majyaruguru ya Mali nyuma y’uko ingabo za Barkhane zisubiwemo”.

Ku wa Gatanu, Perezida Emmanuel Macron yahagaritse urugendo yateganyaga muri Mali ku itariki ya 20-21 Ukuboza muri Mali agiye gusura ingabo z’Abafaransa mu gihe hari impungenge z’ikwirakwira ry’ubwoko bushya bwa Covid-19 bwitwa Omicron.

Ku wa Gatandatu, umuvugizi wa guverinoma ya Tchad, Azem Bermendoa, yatangarije Reuters ko vuba aha izindi ngabo zizoherezwa muri Mali, ariko yanga kwerekana ingano y’ingabo cyangwa igihe zizoherezwa

Bermendoa ati: “Nyuma yo kuhavana ingabo z’Abafaransa, twasanze byihutirwa kongera ingufu mu bikorwa na tactique by’ingabo zacu mu gihe tugitegereje ko ingabo za Mali hamwe n’ingabo za Loni zongera kwisuganya.”

Muri Gashyantare, Tchad yohereje abasirikari bagera ku 1.000 mu karere k’umupaka uhuriweho na Niger, Burkina Faso na Mali kugira ngo bongere ingufu ingabo z’igihugu nyuma y’uko u Bufaransa bwatangiye kuvuga ku mugaragaro kugabanya ingabo zabwo mu karere .

U Bufaransa burateganya gukura muri Mali hafi kimwe cya kabiri cy’abasirikare babwo mu 2023, no kwimurira ibkorwa muri Niger, no gushishikariza izindi ngabo zidasanzwe z’u Burayi gukorana n’ingabo Zo mu karere.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *