Tito Rutaremara yavuze ku mitego y’ibinyoma Bamporiki yahishuye muri RPF

Hari tariki ya 21 Ukuboza 2019 mu Nama Nkuru ya 14 y’Umuryango wa RPF Inkotanyi yabereye ku cyicaro cyawo i Rusororo mu Karere ka Gasabo, Umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco Hon. Bamporiki Edouard afata ‘micro’ abwira Perezida Kagame iby’imitego y’ibinyoma abanyamuryango bahora basimbuka, na we ubwe arimo.

Icyo gihe yagize ati: “Nyakubahwa Chairman, abanyamuryango bari hano buri wese umuhaye micro, akavuga mugenzi we wamuteze imitego abishaka, wamubeshyeye abishaka, ha handi umuntu ahimba inkuru ikagera ku munyamabanga mukuru w’umuryango, akakubaza ikintu utigeze urota, utigeze unatekereza…”

Ibi binyoma biterwa n’urwango mu muryango ndetse n’amashyari nibwo Hon. Bamporiki yise imitego. Ati: “Nshobora kugira intege nke zo gukora ibyo mwanshinze ariko noneho iyo hiyongereyeho ko buri munsi ngomba kujya nsimbuka imitego nk’itanu mbere yo gukora akazi mwampaye, birangira akazi kabaye gusimbuka imitego, ukayoberwa igihe tuzakorera akazi.”

Senateri Tito Rutaremara nk’umwe mu bashinze ishyaka rya RPF Inkoranyi, mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Etienne Gatanazi, cyatambutse ku rubuga rwa YouTube rwitwa Real Talk Channel, yasobanuye ku cyo yumva ku “mitego” Hon. Bamporiki yavuze, ahuza iryo jambo n’indangagaciro zaranze uyu muryango.

Uyu musaza uri mu kanama ngishwanama k’inararibnonye, yagize ati: “Muri RPF twe tugira kwinenga, ibyo twarabikoraga kuva na kera kugeza n’ubu ngubu. Tubyita gusasa inzobe. Buriya rero yashashe inzobe, rwose ni nacyo gituma njyewe mushimira.”

Tito Rutaremara ngo yakunze kandi ko Hon. Bamporiki yibajije uburyo abamutega imitego bajya kumurega mu Bunyamabanga Mukuru bwa RPF, aho kugira ngo babiganireho.

Etienne Gatanazi yabajije Tito Rutaremara niba ibi bibazo birimo amashyari n’urwango muri RPF [nk’uko Bamporiki yabigaragaje] bitaba biri mu mpamvu zatumye bamwe mu bahoze muri uyu muryango bawuvamo, bamwe bagahunga igihugu. Abo yavuzemo nka Rudasingwa Théogene (ntabwo Rutaremera yemera ko yari umunyamuryango wa RPF), Col. Patrick Karegeya na Kayumba Nyamwasa (na we ntiyemera ko yabaye umunyamuryango wa RPF).

Yasubije ko abagiye barahoze muri uyu muryango bafite izindi mpamvu zabibateye zirimo kunyereza umutungo wa leta, kwigarurira imitungo y’abaturage no gukorana n’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, zitandukanye n’iza Bamporiki.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *