Umufaransa, Steeve Rouyar, amaze amezi hafi abiri afungiwe muri Togo. Imiryango itegamiye kuri Leta ivuga ko iyi mpuguke mu icungamari w’imyaka 44 aregwa gushaka guhungabanya umutekano w’igihugu, nyuma yo gutabwa muri yombi mu myigaragambyo yahungabanije igihugu mu ntangiriro za Kamena igahitana byibuze abantu barindwi.
Uyu yari yabanje kugaragara kuri Televiziyo Guadeloupe La1ère ku itariki 17 Gicurasi, asobanura n’umunezero ukuntu yageze muri Togo agiye gushinga cabinet y’impuguke mu icungamutungo.
Nyuma y’ibyumweru bibiri agaragaye kuri Guadeloupe La1ère, Steeve Rouyar yatawe muri yombi hamwe n’abandi bantu benshi ubwo bari mu rugendo rwo kwamagana leta ya Perezida Faure Gnassingbé.
Umushinjacyaha yagize ati: “Abigaragambyaga bagaragaye ko ari abanyamahanga, barimo n’Umufaransa wari umaze amezi menshi aba muri Togo.”
Kuva ubwo 56 muri bagenzi be bari bafunganwe bararekuwe. Icyakora, Steeve Rouyar we yashinjwe gushaka guhungabanya umutekano w’igihugu.
Nk’umuturage w’u Bufaransa arasurwa kuko arinzwe na ambasade, ariko ntibihagije kuri se, kimwe n’abadepite bane bo muri Guadeloupe, aho afite inkomoko, nk’uko bemeza ko atari umunyapolitiki.


