1355355_9845870_Trump-AFOne-2_updates

Trump arateganya kohereza ingabo cyangwa kugaba ibitero by’indege muri Nigeria

Kuri iki Cyumweru, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Igisirikare cya Amerika gishobora kohereza ingabo muri Nigeria cyangwa kugaba ibitero byo mu kirere kugira ngo zihagarike icyo yise iyicwa ry’abakristu benshi muri iki gihugu cya Afurika y’iburengerazuba.

Abajijwe niba atekereza kohereza ingabo ku butaka cyangwa ibitero by’indege muri Nigeria, Perezida Trump yabwiye abanyamakuru bari mu ndege ya Air Force One ati: “Birashoboka. Ndashaka kuvuga, ibindi bintu. Ndateganya ibintu byinshi. Barimo kwica umubare mwinshi w’abakristu muri Nigeria … Barimo kwica abakirisitu kandi babica ari benshi cyane. Ntabwo tuzemera ko ibyo bibaho.”

Ku mugoroba wo ku Cyumweru, Perezida Trump yabitangaje ubwo yasubiraga i Washington nyuma y’icyumweru mu ari mu biruhuko mu rugo rwe muri Floride nk’uko iyi nkuru dukesha Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, ivuga.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ibi nyuma y’umunsi umwe ubuyobozi bwe bwongeye Nigeria ku rutonde rw’ibihugu biteye impungenge mu buryo bwihariye Amerika ivuga ko byahungabanyije umudendezo w’amadini. Ibindi bihugu biri kuri urwo rutonde birimo u Bushinwa, Myanmar, Koreya ya Ruguru, u Burusiya na Pakistan.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *