20250223-macron-trump-starmer-split

Trump yakangishije imisoro inshuti kubera kwanga ko afata Greenland

Iterabwoba rya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ryo gushyiraho imisoro mishya ku bafatanyabikorwa umunani batavuga rumwe n’ubutegetsi bwe ku bijyanye no gufata Greenland ryamaganwe n’abayobozi b’u Burayi.

 

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer, yatangaje ko iki cyemezo “kitari cyo rwose”, mu gihe Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yavuze ko “bitemewe”.

 

Ibi byatangajwe nyuma y’uko Trump yatangaje 10% y’amahoro ku bicuruzwa biva muri Denmark, Norvege, Sweden, u Bufaransa, u Budage, u Bwongereza, u Buholandi na Finland kandi bizatangira gukurikizwa ku itariki ya 1 Gashyantare, ariko nyuma bishobora kuzamuka kugera kuri 25% ndetse bizakomeza kuzamuka kugeza igihe habaye amasezerano.

 

Trump ashimangira ko agace kigenga ka Denmark ari ingenzi ku mutekano wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika kandi ni biba ngombwa bazakigarurira ku ngufu nyuma y’uko Denmark yanze kukagurisha Abanyamerika, basanzwe banahafite ibirindiro bya gisirikare.

 

Ibi bije nyuma y’uko ibihugu by’u Burayi bitangiye kohereza ingabo muri Greenland zirimo iz’u Budage, Sweden, Norvege, Finland, u Buholandi, u Bufaransa n’u Bwongereza mu rwego rwo kurinda aka karere kigenga bicagase ka Denmark gakonja cyane.

Habanje koherezwa abasirikare bacye kuwa Gatatu, Perezida Macron avuga ko ari intangiriro, ariko vuba bazongerwa ingufu n’ingabo zirwanira ku butaka, amazi no mu kirere.

Byose bigamije kubuza Trump kugerageza gufata aka gace akoresheje ingufu za gisirikare, ariko we avuga ko izi ngabo z’u Burayi zitazashobora kumuhagarika nafata icyemezo.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *