D7_98_D7_A8_D7_90_D7_9E_D7_A4-_D7_95_D7_90_D7_99_D7_A8_D7_90_D7_9F-_D7_9C_D7_93_D7_95_D7_93_D7_99-31.3

Trump yasabye Iran ‘kuyamanika nta mamaniza’

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa Kabiri yasabye Iran kuyamanika nta mananiza, anayiburira ko ukwihangana kw’igihugu cye kuri kugenda kurangira.

Trump yahaye Iran uyu muburo, mu gihe kuva mu mpera z’icyumweru gishize iki gihugu gikomeje kurasana na Israel.

Kuva iyi ntambara yatangira Israel imaze kwica abayobozi benshi b’igisirikare cya Iran, ndetse amakuru avuga ko Tel Aviv inafite umugambi wo kwivugana Umuyobozi w’Ikirenga wa kiriya gihugu, Ali Khamenei.

Trump mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social, yavuze ko Amerika izi aho Khamenei yihishe, gusa avuga ko nta gahunda yo kumwica ifite.

Ati: “Tuzi neza aho uwo byitwa ko ari ‘Umuyobozi w’Ikirenga’ yihishe. Byibura ntabwo turi bumwice buno…. ukwihangana kwacu kuri kurangira.”

Nyuma y’iminota itatu Trump yanditse buriya butumwa, yongeye kwandika ubundi abwira Iran ati: “Muyamanike nta mananiza.”

Trump yaburiye Iran, mu gihe amakuru avuga ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zaba ziteganya kwinjira byeruye mu ntambara ya Iran.

Ku wa Kabiri uyu mugabo yaganiriye kuri Telefoni na Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, gusa ibyo aba bombi bavuganye ntibyigeze bitangazwa.

Israel ntihakana ko ifite gahunda yo kwica Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, n’ubwo Amerika yayisabye kutabikora.

Minisitiri w’Ingabo zayo, Israel Katz, ku wa Kabiri yatangaje ko iherezo rya Ali Khamenei rishobora kuzaba nk’irya Saddam Hussein wahoze ari Perezida wa Iraq mbere yo kwicwa na Amerika muri 2006.

Iyi Amerika kandi amakuru avuga ko yatangiye kohereza izindi ndege z’intambara mu burasirazuba bwo hagati, ibitekerezwa ko ari izo ishobora kwifashisha mu ntambara.

Izi ndege ziri koherezwa mu gihe Washington iheruka gusaba abanya-Iran batuye i Tehran kuhava bagahunga.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *