Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yasibye ku rubuga rwe rwa Truth Social amashusho yari yashyizweho agaragaza Barack Obama yasimbuye ku butegetsi n’umugore we Michelle Obama bameze nk’inkende.
Trump ku wa Gatanu yabwiye abanyamakuru ko nta kosa rijyanye n’ayo mashusho yigeze akora, ko ahubwo yabonye agace k’intangiro yayo mbere y’uko ashyirwa ku mbuga nkoranyambaga n’umukozi we.
Senateri mu ishyaka ry’aba-Républicain rya Trump, Tim Scott usanzwe ari umwirabura, ku wa Gatanu yari yasabye Trump gusiba ariya mashusho yise “ikintu cy’ivangura cya mbere gikomeye cyabayeho mu mateka ya White House”.
Perezidansi ya Amerika yari yabanje kugaragaza ariya mashusho nka videwo isanzwe yo kuri Internet igamije gutebya, inasaba abantu kureka kuyakabiriza.
Icyakora nyuma yo kotswa igitutu cyinshi n’abantu batandukanye barimo n’abasenateri benshi b’aba-Republicain, amashusho yahise asibwa ku rubuga rwa Truth Social rwa Trump.
White House kandi yavuze ko umwe mu bakozi bayo ari we washyize ku karubanda ariya mashusho mu buryo bw’amakosa.
Usibye Obama na Michelle Obama bagaragara muri ariya mashusho, anagaragaramo abandi bantu bakomeye mu ishyaka ry’aba-democrates na bo bagaragajwe nk’inyamaswa zitandukanye.
Barimo nka Alexandria Ocasio-Cortez uhagarariye New York mu Nteko Ishinga Amategeko, Meya w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani ndetse na Hillary Clinton.
Trump yasibye ariya mashusho nyuma yo kotswa igitutu n’abanyapolitiki benshi bagaragaje ko ibyo yari yakoze byuzuye ivangura ryo mu rwego rwo hejuru.


