1620223469752

Trump yavanye Amerika mu miryango mpuzamahanga 66

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Amerika yavuze ko ibigo bikora kuri gahunda zinyuranyije n’inyungu za Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Perezida Donald Trump yategetse Amerika kuva mu mashyirahamwe 66 mpuzamahanga, harimo n’inzego zikomeye z’Umuryango w’Abibumbye, mu rwego rwo kwihutisha kuva mu bufatanye mpuzamahanga  kwa Washington.

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 7 Mutarama 2026, Trump yashyize umukono ku cyemezo cy’ubuyobozi gitegeka minisiteri zitandukanye za Amerika guhagarika imikoranire no gutera inkunga amashami 31 y’Umuryango w’Abibumbye n’imiryango 35 itari iya Loni ” kandi vuba bishoboka”, nk’uko byatangajwe na White House.

Iyi miryango yibanda ku mihindagurikire y’ikirere, kubungabunga, kurwanya iterabwoba n’uburenganzira bwa muntu n’ibindi.

Ni izihe nzego mpuzamahanga zikomeye Amerika yikuyemo?

 

  • The UN Framework Convention on Climate Change (UNFCCC):
  • UN Women
  • Ibiro by’intumwa idasanzwe y’Umunyamabanga Mukuru bishinzwe abana ahabera amakimbirane
  • Ibiro by’intumwa idasanzwe y’Umunyamabanga Mukuru wa Loni ku kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina mu makimbirane
  • UNFPA
  • IUCN (The International Union for Conservation of Nature)
  • UNCTAD (UN Conference on Trade and Development)
  • UN-Habitat n’indi.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *