Gen John Numbi wigeze kuba Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’Umugenzuzi Mukuru w’Ingabo z’icyo gihugu, yaburiye Perezida Félix Antoine Tshisekedi ko uko yahawe ubutegetsi ari na ko ashobora kubwamburwa.
Numbi usanzwe ari umwizerwa wa Joseph Kabila wahoze ayobora RDC, kuva muri 2021 aba mu buhungiro. Amakuru avuga ko yaba yarahungiye i Harare muri Zimbabwe.
Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo imaze igihe imuhigisha uruhindu, kubera uruhare akekwaho kugira mu rupfu rw’impirimbanyi Floribert Chebeya.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 7 Ukwakira ni bwo Gen John Numbi wari umaze igihe acecetse yagejeje ijambo ku banye-Congo, mu butumwa yatanze mu buryo bw’amashusho.
Mu ijambo rye yagarutse ku makuru amaze igihe avugwa ko muri 2018 Félix Tshisekedi yagizwe Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo biciye mu bwumvikane yagiranye na Joseph Kabila yasimbuye.
N’ubwo bivugwa ko Tshisekedi atari yigeze atsinda aya matora [Martin Fayulu ngo ni we wari wayatsinze], ni bwo bwa mbere muri Congo Kinshasa hari habayeho ihererekanya ry’ubutegetsi mu mahoro.
Gen Numbi avuga ko ikibabaje ari uko amasezerano yose Tshisekedi yagiranye n’uruhande rwa Kabila yayishe, ahubwo agahitamo “gusenya igihugu.”
Yavuze ko “ubutegetsi bwa Félix Tshisekedi bwaranzwe n’imico ndetse n’ibikorwa bibi”, by’umwihariko “ruswa ishingiye ku nzego, itonesha rikabije, gusahura umutungo w’igihugu, ubwicanyi bushingiye kuri Politiki ndetse no gukorera ibyaha bya Leta muri Katanga no mu burasirazuba bw’igihugu.”
Yunzemo ko kuri ubu Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’inzego z’umutekano z’iki gihugu “zaciwe intege n’itonesha”, ikindi RDC ikaba ikomeje kurangwamo ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu.
Ku bwa Gen Numbi, “Tshisekedi yatakaje ubuzimagatozi bwose ubwo yihakanaga amasezerano yamwemereye kugera ku butegetsi. Uyu munsi Tshisekedi ameze nk’umuntu w’injiji ukinira n’umuriro mu bubiko bw’amasasu.”
Mu Ukuboza uyu mwaka ni bwo abanye-Congo bazongera gutora Umukuru w’Igihugu.
Ni amatora Perezida Félix Antoine Tshisekedi yemeje ko aziyamamazamo, ndetse kuri uyu wa Gatandatu yashyikirije Komisiyo y’amatora (CENI) kandidatire ye.
Gen Numbi avuga ko icyo Tshisekedi ashyize imbere ari ugushora Congo mu mvururu, gusa amuburira ko mu gihe yaba yibeshye akaziteza bishobora kuzamugwa nabi.
Yagize ati: “Uko twamuhaye ubutegetsi ni ko dufite ubushobozi bwo kubumwambura.”
Yunzemo ati: “[Tshisekedi agomba kuvanamo ake karenge ku bw’inyungu z’igihugu. Nakomeza gutsimbarara, agakomeza guhonyora no kuniga abatavuga rumwe n’ubutegetsi, ndamumenyeshe ko uwakoze igikoko ari we wenyine ushobora no kugisenya.”
Gen John Numbi by’umwihariko yahamagariye Igisirikare cya RDC ndetse na Polisi y’iki gihugu “kutumvira ikibi”, mu rwego rwo guhangana n’akaga katewe na Tshisekedi.


