Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Turkiya, Hakan Fidan, yahakanye ibivugwa na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika watowe, Donald Trump, avuga ko ihirikwa ry’umuyobozi wa Syria, Bashar al-Assad ari “ukwigarurira igihugu kutari ukwa gicuti” kwa Turkiya.
Mu magambo bigaragara ko yasaga nk’ushinja Ankara, Trump yatangarije abanyamakuru mu ntangiriro z’iki cyumweru ko Turkiya yagize “ubwenge cyane” kandi ko yakoze “kwigarurira igihugu bitari ibya gicuti nta bantu benshi bahasize ubuzima” muri Syria.
Mu kiganiro na Al Jazeera cyatambutse kuwa Gatatu, minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Turkiya yavuze ko byaba ari “ikosa rikomeye” gusobanura ibyabereye muri Syria nko kwigarurira igihugu kwa Turkiya.
Ati: “Ku baturage ba Syria, ntabwo ari ukwigarurira igihugu. Ndatekereza ko niba hari ikintu gifatika, ni ubushake bw’abaturage ba Syria gufata igihugu ubu. ”
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga yavuze kandi ko “ikintu cya nyuma” Turkiya yifuza ari ukugaragara nk’igihangange mu karere gifite ijambo rya nyuma kuri Syria, yekerekana ko umuco wo gushaka kuyobora ibindi bihugu ari wo wangije akarere.
Fidan yagize ati: “Nibyo, ndatekereza ko aricyo cyaba aricyo kintu cya nyuma dushaka kubona kuko dukura amasomo akomeye ku bibera mu karere kacu, kuko umuco wo gushaka kuyobora abandi ubwawo washenye akarere kacu”.
Ati: “Ntabwo ari ubuhangange bwa Turkiya, si ubuhangange bwa Irani, ntabwo ari ubw’Abarabu, ariko ubufatanye bugomba kuba ngombwa”.
Ati: “Ubufatanye bwacu n’abaturage ba Syria ntibukwiye kurangwa cyangwa gusobanurwa uyu munsi nkaho… mu by’ukuri tuyobora Syria. Ntekereza ko ibyo byaba ari bibi ”.
Abajijwe ku bitangazamakuru byo muri Amerika bigaragaza impungenge z’uko ingabo za Turkiya zishobora kuba ziteguye kugaba igitero gikomeye cya gisirikare ku ngabo z’Aba-Kurde zihangayikishije ubutegetsi bwa Turkiya ziba muri Syria, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga yongeye kwemeza ko YPG (People’s Protection Units) ari “ikibazo gikomeye” ku gihugu cye.
Ishyaka ry’Abakozi ry’Aba Kurde (PKK) rifatwa nk’ “umutwe w’iterabwoba” na Turkiye n’iburengerazuba, Fidan akaba avuga ko YPG ari “ishami” rya PKK muri Syria.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga yavuze ko YPG yakomeje kugenzura ahantu hanini muri Syria yerekana ko ifasha uburengerazuba mu kurwanya ISIL (ISIS). Ati: “Ntekereza ko ibi ari ukwerekana nabi umwirondoro wabo wa nyawo. Barahari nk’umutwe w’iterabwoba.”


