U Bufaransa buremeza ko Bazoum wakuwe ku butegetsi muri Niger arabusubiraho

Guverinoma y’u Bufaransa iremeza ko uko byagenda kose Mohamed Bazoum uherutse gukurwa ku butegetsi n’abasirikare ba Niger bamurinda arabusubiraho bidatinze, bitewe n’igitutu cy’amahanga.

Ibi byatangajwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bufaransa, Catherine Colonna mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa 28 Nyakanga 2023.

Minisitiri Colonna we avuga ko mu myumvire ye, abona ibyabereye muri Niger atari ‘ihirikwa ry’ubutegetsi’ ahubwo ngo ni “igerageza ryo guhirika ubutegetsi’ ritageze ku ntego.

Uyu muyobozi wajyanye na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, muri Papua New Guinea, yabwiye abanyamakuru ati: “Nimunyumva mvuga ngo ‘coup d’état yageragejwe’ ni uko biriya bintu tutabifata nk’ibyarangiye. Perezida Bazoum agomba gusubira ku nshingano ahabwa n’Itegekonshinga.”

Colonna yasobanuye ko Perezida Macron yamaze kuvugana na Bazoum, aho afungiwe n’abasirikare bamukuye ku butegetsi, yizeza abanyamakuru ko ubuzima bw’uyu munyapolitiki bumeze neza, kandi ko agomba gufungurwa, agasubira ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu.

Ntabwo Colonna yasobanuye uburyo u Bufaransa buzakoresha kugira ngo Bazoum asubire ku butegetsi, gusa yateguje ko abasirikare bo muri Niger bamukuyeho bazafatirwa ibihano n’umuryango w’ibihugu byo mu karere ka Afurika y’uburengerazuba, ECOWAS, tariki ya 30 Nyakanga.

Guverinoma y’u Bufaransa itangaje ibi nyuma y’aho abasirikare bakuye Bazoum ku butegetsi bayiburiye, bayisaba kutivanga mu bibazo by’imbere bya Niger.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *