U Buhinde bwagerageje igisasu karahabutaka cya mbere bwikoreye

Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi, yatangaje ko igihugu cye cyageregeje igisasu cya mbere cyo mu bwoko bwa misile gikorewe mu Buhinde.

Icyo gisasu gifite ubushobozi bwo gutwara ibindi bisasu byinshi mu gihe kirashwe. Ministri w’Intebe Modi yabitangaje mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X kuwa Mbere.

Yavuze ko atewe ishema n’abahanga b’ikigo cy’u Buhinde gikora ubushakashatsi mu byo kurinda umutekano, n’iterambere ry’igihugu, DRDO, bashoboye gukora no kugerageza ibyo bisasu mu gikorwa bise Mission Divyastra.

Iryo gerageza ryabereye ku kirwa cyitwa APJ Abdul Kalam hirya gato ya leta ya Odisha. Iki kirwa cyitiriwe uwahoze ari perezida w’Ubuhinde ni ho hakorerwa igerageza ry’ibisasu byo mu bwoko bwa misile nkko BBC ivuga.

Itangazo ryasohowe n’abakoze iryo gerageza ryavuze ko icyo gisasu cyarashwe ku ntego nyuma hagashyirwaho uburyo bwo kugikurikirana hakoreshejwe ibyuma bireba mu kirere bya radari. Byaje kwerekana ko cyahamije intego cyari cyarashweho.

U Bwongereza, u Bushinwa, u Bufaransa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika biri mu bihugu bikoresha ibisasu byo muri ubu bwoko bw’ikoranabuhanga bita MIRV. Muri ubu buryo, igisasu kimwe gishobora kwikorera ibisasu byarasa intego ziri ahantu hanyuranye. Pakistani yagerageje iri koranabuhanga mu 2017.

U Buhinde bumaze imyaka bukora ibisasu bya misile birasa hafi n’ibirasa kure. Icya mbere cyiswe Agni-5 cyageragejwe mu mwaka wa 2021, gishobora kurasa mu birometero 5.000. Ni cyo gisasu kirimbuzi cya mbere Ubuhinde bwari bukoze nkuko bitangazwa n’ikigo gishinzwe kugabaya icurwa n’ubwiyongere bw’intwaro ku Isi.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *