U Rwanda rukeneye miliyari 1,5 $ kugirango ruzageze amashanyarazi kuri bose mu 2029

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu (REG) kiravuga ko igihugu gikeneye miliyari 1.5 z’amadolari kugira ngo kigeze amashanyarazi mu gihugu hose mu 2029 nyuma yo kutagera ku ntego cyari kihaye yo kuba byakozwe muri uyu mwaka wa 2024.

Kugeza ubu, intego yagezweho ku rugero rwa 77.7 ku ijana, bivuye kuri 34.4 ku ijana muri 2017 hashingiwe kuri Gahunda y’Igihugu yo kwihutisha iterambere (NST1) yatangiye kuva ku itariki ya 1 Nyakanga 2017, ikazageza ku ya 30 Kamena 2024.

Ku bijyanye no gushakisha ingufu, intego yari iyo kongera ubushobozi kuva kuri MW 208 muri 2017 bikagera kuri MW 556 muri 2024, hifashishijwe amashanyarazi akomoka ku mazi, gaz methane, imirasire y’izuba, n’indi mishinga y’ingufu zishobora kuvugururwa nk’uko tubikesha The New Times.

Nk’uko byatangajwe na Armand Zingiro, umuyobozi mukuru wa REG, ngo ibintu by’ingenzi bigira uruhare mu gukwirakwiza amashanyarazi ni byinshi, kimwe muri byo kikaba guteza imbere ubushobozi bw’imbere mu kuziba icyuho, cyane cyane mu gihe abashoramari bananiwe kugera ku byo bari bitezweho.

Zingiro ati: “Mu rugendo rwacu rwo kugeza amashanyarazi kuri bose, bumwe mu buryo / ingamba twakoresheje ku nkunga ya guverinoma ni uko twatangiye twagura umuyoboro w’igihugu mu ntara zose, hanyuma tujya mu turere twose, hanyuma nyuma yaho, imirenge yose ibona amashanyarazi, ubu turi ku rwego rw’umudugudu, ”

Kugeza ubu, ingomero z’amashanyarazi zishobora kubyara 460MW mu gihugu hose. Ariko, kubera ibihe, ingomero zimwe ntabwo zikora mu bushobozi bwazo ntarengwa, mu gihe izindi ziri kubungabungwa, bigatuma haboneka 270MW.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *