Kuri uyu wa Gatanu, itariki 20 Ukuboza 2024, Minisitiri w’Ubuzima, Sabin Nsanzimana, yatangaje ku mugaragaro ko virusi ya Marburg yarangiye mu Gihugu.
Ni nyuma yo gusoza iminsi 42 igenwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, WHO, umurwayi wa nyuma akize.

Ministiri yashimiye umurava n’ubwitange byaranze abakozi bo mu rwego rw’ubuzima, inzego za Leta, Abanyarwanda bose, n’abafatanyabikorwa bagize uruhare mu rugamba rwo kurwanya Virusi ya Marburg.
Iyi virusi yagaragaye bwa mbere mu Rwanda hagati muri Nzeri 2024, aho abantu 66 bayanduye, abagera kuri 15 irabahitana, abandi 51 baravurwa barakira.

Minisitiri w’ubuzima ati: ” Iyi ni intambwe y’ingenzi ku rwego rw’ubuzima mu Rwanda. Mugiye twunamira abapfuye, aha kuberako ubwitange bwere ryagezweho. Twageze aha kuberako ubwitange bw’abakora mu rwego rw’ubuzima bacu, guverinoma n’abafatanyabikorwa bacu bafatanya mu buryo budasubirwaho kandi ibikorwa byihuse, byahurijwe hamwe byatumye bishoboka ko iki cyorezo gihagarikwa…..”

Guhagarika iki cyorezo ngo bigaragaza ubushake bw’u Rwanda mu kubaka urwego rw’ubuzima rwihagazeho no kumenya neza ko rwiteguye guhangana byihuse n’ibindi bibazo by’ubuzima bizaza.


