U Rwanda rwavuze ko rwiteguye gufasha impunzi z’Abarundi gutahuka

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yiteguye gufasha impunzi izo ari zo zose zishaka gutahuka mu bihugu byazo, ibyahuriranye n’amakuru avuga ko hari impunzi z’Abarundi zasabye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’igihugu cyazo kugira ngo zifashwe gutahuka.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru impunzi z’Abarundi zibarirwa muri 300, zandikiye Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, zisaba ko u Rwanda, u Burundi n’Ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) bagirana ibiganiro, kugira ngo impunzi zimaze imyaka itanu zicumbikiwe mu nkambi ya Mahama zifashwe gusubira mu gihugu cyazo.

Izo mpunzi zavuze ko igihe kigeze ngo zisubire mu gihugu cyazo zahunze muri 2015.

Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi mu Rwanda inafite impunzi mu nshingano zayo, mu itangazo yasohoye, yavuze ko yiteguye”gufasha gutahura abahisemo gutaha ifatanyije na UNHCR na za guverinoma bireba”.

Iti: “U Rwanda rurashimangira ubushake rufite mu kurengera impunzi ziri ku butaka bwarwo, kandi rwiteguye gufasha ababihisemo, gutaha mu buryo butekanye kandi bubahesha agaciro, ku bufatanye na UNHCR na za guverinoma bireba.”

Minisiteri y’ubutegetsi n’umutekano y’u Burundi yo ibinyujije kuri Twitter, yatangaje ko itegereje ko ibaruwa y’izi mpunzi igera ku wo yandikiwe [Perezida Ndayishimiye], kugira ngo bategure gutahuka kwabo “gukwiriye kandi kwemewe n’amategeko vuba bishoboka”.

Impunzi z’Abarundi zasabye gutahuka ni 311, gusa mu Rwanda harabarurwa bagenzi babo babarirwa muri 72,000 bacumbikiwe mu nkambi y’impunzi ya Mahama iherereye mu karere ka Kirehe.

Ni abahunze u Burundi muri 2015, kubera imvururu zishingiye kuri Politiki zabaye muri icyo gihugu, ziturutse ku kuba hari abatari bashyigikiye ko Pierre Nkurunziza yiyamamariza manda ya gatatu bavugaga ko inyuranyije n’Itegeko Nshinga.

Impunzi z’Abarundi zatangiye gusaba gutahuka mu gihugu cyazo, mu gihe Perezida Ndayishimiye aherutse gusaba Abarundi babarirwa mu bihumbi 400 bahunze igihugu gutahuka bakiri bazima bagafatanya n’abandi kubaka u Burundi, ngo kuko Inkoko irara mu ishyamba bugacya yahindutse inkware.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *