Igisirikare cy’Uburusiya cyagabye ibitero bya drone n’ibisasu bya misile ku murwa mukuru wa Ukraine, Kyiv mu ijoro rishyira tariki ya 4 Nyakanga 2025, byibasira ahantu henshi harimo n’uduce dutuwe n’abaturage.
Nk’uko bitangazwa na Tymur Tkachenko uyobora ubuyobozi bwa gisirikare muri Kyiv, abantu umunani bakomerekeye muri ibi bitero byamaze amasaha menshi kandi byangije inzu ndende mu duce tubiri tw’umujyi.
Ibi bitero bibaye amasaha make nyuma y’uko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump avuze ko ibiganiro yagiranye kuri telefone na Perezida wa Russia Vladimir Putin ntacyo byagezeho ku bijyanye no guhagarika intambara.
Trump yagize ati: “Twagiranye ikiganiro kirekire. Twaganiriye ku bintu byinshi birimo n’intambara yo muri Ukraine, ariko ntacyo twagezeho.”
Ku rundi ruhande, ibitero by’Uburusiya bikomeje gufata indi ntera. Muri Kamena gusa, Ukraine ivuga ko yateweho misile zirenga 330 na drone zirenga 5,000. Kuri ubu, ubutegetsi bwa Trump bwafashe icyemezo cyo guhagarika imwe mu mitangire y’intwaro muri Ukraine, harimo na misile zishinzwe kurinda ikirere, mu rwego rwo kurengera intwaro za Amerika.
Nubwo Trump atigeze abivugana na Putin, itangazamakuru rya leta y’Uburusiya (TASS) rivuga ko Trump yagaragaje ko yifuza ko iyi ntambara yarangira vuba, ariko Putin amubwira ko Uburusiya “butari buve inyuma” ku ntego zayo z’intambara.


