345345345435-640x400

Uburusiya bwihanangirije Amerika ku bufasha bwa gisirikare igiye guha Israel

Umunyamabanga wa Leta wungirije w’Uburusiya, Sergei Ryabkov yatangaje ko kuba Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatanga ubufasha bwa gisirikare kuri Israel mu ntambara yayo na Iran bishobora kurushaho guhungabanya umutekano wo mu Burasirazuba bwo Hagati.

Nk’uko bitangazwa n’ibiro ntaramakuru by’Uburusiya, Interfax, Ryabkov yasabye Amerika kudashyigikira Israel mu buryo bwa gisirikare, ndetse anavuga ko kuba banatekereza kuri ubwo bufasha ari ibintu bibangamiye akarere.

Ryabkov yavuze ko Uburusiya buri mu biganiro n’impande zombi, Israel na Iran, mu rwego rwo gushaka gukemura amakimbirane.

Ibi bibaye mu gihe Israel ivuga ko kuri uyu wa Gatatu yibasiye ibirindiro 40 bya gisirikare mu burengerazuba bwa Iran, birimo n’ibyo Iran yari yateguye kurasa kuri Israel. Ku rundi ruhande, Iran nayo imaze kurasa ibisasu bibiri bikomeye kuri Israel mu masaha y’ijoro.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *