Be-best-friends

Uburyo 8 bwo kubaka urugo rwiza

Umubano w’abashakanye ntushingira gusa ku rukundo, gukururana cyangwa kugira ibyo bahuriyeho. Nubwo umubano mwiza udashobora kuba mwiza mu buryo bwuzuye abashakanye bashobora guharanira kubaka urugo rurambye bifashishije ingamba zihamye.

Nk’uko abantu batandukanye bafite uko babona urugo rutunganye hari ibintu by’ingenzi bishobora gushyirwa mu bikorwa kugira ngo umubano ugire imbaraga kandi uhamye. Hano hari uburyo umunani bwo kubaka urugo rwiza:

1. Gukemura ibibazo binyuze mu bwumvikane

Abashakanye bose bahura n’ibibazo bitandukanye mu rugendo rwabo rw’urushako. Gushobora kugera ku bwumvikane ni ingenzi mu guhangana n’imbogamizi. Ibi bisaba kumenya ibyo mugenzi wawe akeneye no kumva ibyifuzo bye. Aho gucika intege cyangwa kwihutira gushyira iherezo ku bibazo nimufatanye gushaka umuti wubaka, mwese mwumva ko mwumvikanye kandi mwubahirije ibyifuzo byombi.

2. Kwerekana amarangamutima no kwigirira icyizere

Kwerekana amarangamutima no kwemera kuba umunyantege nke imbere y’umufasha wawe ni ingenzi mu kubaka urukundo rufite imizi. Umugabo cyangwa umugore ugaragaza amarangamutima ye atuma mugenzi we yumva ko yubashywe kandi yitabwaho. Kuba umunyantege nke kandi ugaha umwanya amarangamutima y’umufasha wawe bizatuma mwiyumvanamo kandi mwubake umubano urambye.

3. Kugirira icyizere cyuzuye mugenzi wawe

Icyizere ni ishingiro ry’umubano uhamye. Iyo icyizere cyatakaye, bisaba igihe kirekire kugira ngo cyubakwe bundi bushya. Icyizere ntikigarukira ku gushidikanya ku bintu bikomeye nko gucana inyuma gusa; ni ukumenya neza ko ibanga ryawe ribungabunzwe ndetse ko ufite uwo wizeye kandi uzahora ahari mu bihe byose.

4. Kwerekana urukundo biciye mu buryo bw’umubiri

Urukundo rw’abashakanye rugomba kurangwa n’ubusabane bw’umubiri kugira ngo rukomeze kuba rwiza kandi rushinge imizi. Kugirana ibihe by’ubwiyegurirane no kwereka mugenzi wawe ko umukunda bituma umubano ukura kandi ukarushaho kuba mwiza. Ibi bifasha buri wese kumva akunzwe yubashywe kandi yitabwaho.

5. Kubahana no kwiyubaha

Kubahana ni inkingi y’ingenzi mu kubaka urugo ruzira amakimbirane. Kwubaha mugenzi wawe mu bihe by’intambara n’ibihe by’amahoro bituma yumva akunzwe kandi yubashywe. Iyo wubaha mugenzi wawe umwereka ko umwitayeho kandi ibyo bituma umubano wanyu urushaho gukomera.

6. Kwishimira ibihe mugirana

Kuba hamwe nta kindi mukora, muganira ndetse musangira ibitekerezo ni ingenzi mu gukomeza umubano. Gufata umwanya mukishimira ubuzima murimo mugashyira kure ibibarangaza nko telefoni cyangwa televiziyo bituma buri wese yumva afite agaciro. Gerageza gufata iminota 15 buri munsi mu cyumweru cyose muganire cyangwa mugirane ibihe byiza mutekanye. Uzabona itandukaniro rikomeye.

7. Kuba inshuti magara n’umufasha wawe

Kuba inshuti n’umufasha wawe ni umusingi w’urugo rwiza. Iyo mubaye inshuti musangira ibihe by’ibyishimo n’ibibazo, mugaseka, mukarira kandi mugasangira amahirwe n’ingorane za buri munsi. Uru rwego rw’ubucuti rutuma buri wese yumva ko afite uwo yizeye kandi wamuba hafi mu bihe byose.

8. Gushyira umubano wanyu ku isonga

Iyo ushyize umubano wawe ku mwanya wa mbere wereka mugenzi wawe ko afite agaciro gakomeye mu buzima bwawe. N’ubwo hari inshingano nyinshi mu buzima, nko kwita ku bana cyangwa akazi, ni ingenzi kwibuka ko umufasha wawe ari umufatanyabikorwa wawe w’ubuzima bwose. Gushyira umubano wanyu imbere bituma mwubahana, mukabana neza kandi mukarushaho kuba abizerwa.

Gukomeza izi ngamba bizatuma urugo rwawe rugira imbaraga, rukaramba kandi rukabamo ibyishimo mu bihe byose.

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *