Ni ubusitani burimo indabyo zitoshye, buherereye inyuma gato y’agasanteri k’ubucuruzi ka Gasanze, Mu mudugudu w’Agatagara, Akagari ka Gasanze, Umurenge wa Nduba, Akarere ka Gasabo, mu Mujyi wa Kigali. Bukorerwamo ubukwe n’ibindi birori bitandukanye.
Buragutse kandi buranazitiye, ushyiramo amahema atandukanye yakwakirirwamo abantu basaga 1000, by’umwihariko bukaba bufite n’igice cya pisine abashaka koga no kwifotoza bifashisha, ubu busitani bukaba bubereye uwabukoreramo wese cyane muri iki gihe cyo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid19 kuko bufite umwanya munini wakwakira abantu benshi.
Hari inzu yabugenewe yo kubamo igihe gito (Maison de passage), irimo uburiri, igikoni, ubwogero n’ubwiherero, salo, ububiko ndetse na parikingi hanze. Ushobora kuhamara iminsi abashyitsi ariho bagusura mbere y’uko wurira rutemikirere cyangwa se ukerekeza n’ahandi wateguye nyuma y’ubukwe bwawe.
Ushaka kuvugana natwe, waduhamagara, watsapp kuri 0788653893.
Amarembo ya Zenith Garden
Ni ubusitani bwagutse kandi burimo n’amatara
Bumwe mu bwoko bw’indabyo buboneka muri Zenith Garden
Ukinjira mu marembo y’ubusitani, uhingukira muri izi ndabo zitoshye
Indabyo umuntu yakwifotorezaho ifoto ye ikazasohoka ikeye
Muri ubu busitani usangamo zimwe mu ndabo utapfa kubona ahabonetse hose
Muri ubu hategurwamo amatente atandukanye n’intebe zicaraho abasaga 1000
Muri ubu busitani harimo n’amazi azamuka
Ubu ni ubwiherero buri muri ubu busitani, ubw’abagabo n’ubw’abagore)
Amoko atandukanye y’indabo
Imikindo n’ubundi bwoko bw’indabo wakwifotorezaho
Ushobora guhagarara imbere y’uru rurabo ugafotorwa ifoto ndende
No kuri uyu mukindo wahifotoreza amafoto meza atandukanye
Inzira zikoze neza utembera muri ubu busitani anyuramo
Aho ushobora kwifotoreza ifoto ya rusange inyuma hagaragara indabo nziza n’ikirere
Ubu busitani bunafite inzu abageni bacumbikirwamo iyo bifuza kurara
Pisine iri muri ubu busitani, koga no kuyifotorezamo biremewe
Ururabo ushobora kwifotorezaho ifoto uzashyira muri kaderi
Ubu ni ubundi bwoko bw’indabo zigaragara muri Zenith Garden
Mu masaha y’ijoro amatara aba yaka muri ubu busitani
Ubusitani bunogeye amaso