Ubwato bwa Amerika bwarashe ku bwa Iran muri Hormuz

Ubwato bwa Amerika bukora akazi ko kurinda bwarashe amasasu yo kuburira ku mato ya Iran yariho yegera amato ya gisirikare ya Amerika mu muhora wa Hormuz, nk’uko bivugwa na Pentagon.

Minisiteri y’ingabo za Amerika, Pentagon, ivuga ko amato 13 anyaruka cyane y’ingabo zirwanira mu mazi za leta ya Iran kuwa mbere yasatiriye amato ya Amerika akagera muri 140m.

Pentagon ivuga ko aya mato ya Iran yahaye nyuma y’uko ubwato bwa Amerika burashe amasasu 30 yo kuburira.

Iki ni igikorwa kimeze gutya kigira kabiri muri ako gace mu byumweru bibiri nk’uko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza.

Umuvugizi wa Pentagon John Kirby yashinje amato ya Iran “gushotorana cyane” hafi y’amato y’ingabo za Amerika, aya yari aherekeje ubwato burasa za missile bugendera munsi y’amazi USS Georgia.

Yagize ati: “Ni ibintu bidatekanye kandi bitarimo ubunyamwuga. Ibikorwa nk’ibi bishobora gutuma hari umuntu uhababarira, kandi bishobora kugeza ku bibazo muri kariya gace. Ibyo nta ubikuramo inyungu.”

Iran ntacyo iratangaza ku byabaye.

Umuhora wa Hormuz, inzira iri mu kigobe cya Gulf, ni imwe mu nzira z’amato zikoreshwa cyane ku isi.

Mu myaka ya vuba, yakomeje kuba izingiro ry’amakimbirane hagati ya Iran n’ibihugu by’iburengerazuba – birimo Amerika.

Mu kwezi gushize, igisirikare kirwanira mu mazi cya Amerika cyarashe amasasu yo kuburira nabwo kivuga ko cyasubizaga amato ya Iran yari yabasatiriye aho mu kigobe cya Gulf.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *