Tombora y’uko amakipe agomba guhurira mu matsinda ya UEFA Champions league, yasize ikipe ya FC Barcelona yisanze mu itsinda rimwe na Bayern Munich yayinyagiye ibitego 8-2 mu mwaka ushize, mu gihe PSG yisanze mu itsinda rimwe na Manchester City.
Ni tombora yabereye i Instanbul mu gihugu cya Turkiya ahanatangiwe ibihembo by’abakinnyi n’abatoza bahize abandi.
Ni ibihembo byihariwe n’abakinnyi ba Chelsea ndetse n’umutoza wabo mu bagabo, mu gihe mu bagore ibi bihembo byihariwe ahanini na FC Barcelona yatwaye UEFA Champions league.
Uretse kuba amakipe ya Barcelona yisanze mu tsinda rimwe na Bayern Munich na ho Man City ikisanga hamwe na PSG, Chelsea ifite igikombe giheruka yo yisanze mu tsinda H isangiye n’amakipe arimo Juventus.
Ikipe ya Real Madrid yo muri Espagne yo iri mu tsinda D isangiye n’amakipe arimo Inter Milan, mu gihe Manchester United yisanze mu tsinda F ihuriyemo na Villarreal iheruka kuyitsindira ku mukino wa nyuma wa Europa league.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]


