Uganda: Abanyamerika baregwaga gukorera iyicarubozo umwana bareraga barezwe ikirego gishya gihanishwa urupfu

Kuri uyu wa Gatatu, umushinjacyaha wa Leta yavuze ko umugabo n’umugore bo muri Amerika bafungiye muri Uganda bakurikiranyweho iyicarubozo rikabije ry’umwana w’umuhungu w’imyaka 10 bakurikiranyweho icyaha cy’inyongera cy’icuruzwa ry’abana kikaba gihanishwa igihano cy’urupfu mu gihe baramuka bahamwe n’icyaha .

Nicholas Spencer n’umugore we, Mackenzie Leigh Mathias Spencer, bombi b’imyaka 32, bafungiwe muri Uganda kuva ku ya 9 Ukuboza nyuma yo gushinjwa iyicarubozo rikabije bakoreye umwana wabaga mu rugo rwabo byitwa ko bamurera mu murwa mukuru, Kampala. Aba ariko bahakanye icyo cyaha.

Urupapuro rushya rw’ikirego rwabonwe na Reuters ku wa Gatatu rwerekanye ko abo bashakanye baregwa kandi “icyaha cyo gucuruza abana”.

Umwunganizi wabo utaramenyekana amazina, yagarutsweho n’ikinyamakuru Daily Monitor cyo muri Uganda avuga ko uru rubanza ari “urugendo rwo kuroba” rw’abayobozi, avuga ko nta bimenyetso bafite. Yavuze ko ikirego gishya “kitumvikana”.

Reuters ivuga ko yagerageje kuvugana n’uyu mwunganizi ibinyujije mu rukiko ndetse n’ubushinjacyaha ariko ntibikunde.

Abashinjacyaha bashinja abo bashakanye kuba barashakishije, bagatwara kandi bakagumana umwana binyuze mu “gukoresha nabi umwanya w’intege nke kugira ngo bamukoreshe imirimo y’agahato”, nk’uko bigaragara mu rupapuro rw’ikirego.

Ikirego gishya cyarezwe abashakanye ku wa Kabiri ubwo bitabaga urukiko rw’umucamanza ariko ntibemerewe kwisobanura kuko uru rubanza rushobora kuburanishwa gusa mu rukiko rukuru, nk’uko umuvugizi w’ubushinjacyaha, Jacquelyne Okui, yabitangarije Reuters kuri kuri uyu wa Gatatu ushize.

Okui yavuze ko Spencer n’umugore we bakomeje gufungwa kandi itariki bazitaba urukiko rukuru kugira ngo biregure ku kirego gishya itaramenyekana.

Okui ati: “Tuzatangira inzira yo kubashyikiriza Urukiko Rukuru ariko ntidushobora kuvuga igihe ibyo bizarangirira kugira ngo bagezwe mu rukiko.”

Ikirego cya mbere, cy’iyicarubozo rikabije ry’umwana, gihanishwa igifungo cya burundu.

Ku wa Gatatu, Ambasade ya Amerika i Kampala yanze kugira icyo itangaza ku kirego giheruka.

Mu cyumweru gishize yatangarije Reuters ko yari izi amakuru y’ifatwa n’ifungwa ry’Abanyamerika babiri i Kampala kandi ikurikirana uko ibintu bimeze, ariko nta bindi bisobanuro yatanze kubera gutekereza ku buzima bwite.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *