Uganda: Abashoferi b’amakamyo 25 baburiwe irengero bamaze gusangwamo Covid 19

Minisiteri y’ubuzima mu gihugu cya Uganda yatangaje ko iri gushakisha abashoferi batorokeye ahitwa Ndeeba mu ijoro ryo ku cyumweru mu rwego rwo kwirinda ko bajya kwanduza abandi baturage.

Dr Ateka Kagirita, ushinzwe gukurikirana ibijyanye n’icyorezo cya Covid 19 muri Uganda , yemeje ko abo bashoferi baburiwe irengero bamaze gusangwamo iki cyorezo, avuga ko bari gushakisha imyirondoro yabo.

Kagirita akomeza avuga ko abashoferi bose hamwe bari makumyabiri na batanu aho bari basuzumiwe ku ivuriro rya Elegu na Malaba.

Yagize ati “ turi gukora amasaha makumyabiri n’ane dushakisha abashoferi batorotse hamaze kumenyekana ko banduye. Turi gukora amanywa n’ijoro ngo turebe abo baba barahuye na bo, dushakisha aho baba bararaye kuko bashobora kuba barasize babanduje.”

Ikinyamakuru Daily Monitor kivuga ko cyabajije Dr Kagirita niba nta bantu bamaze kuboneka bandujwe n’abo bashoferi ariko avuga ko atahita atangaza uko bihagaze kuko igikorwa kigikomeje.

Abagize urugaga rw’abashoferi b’umwuga ba Uganda (UPDN) bavuga ko bari gufasha inzego z’ubuyobozi gushakisha aho abo bashoferi baba bihishe kuko ari bo bafite amakuru y’aho bashobora kubashakira.

Umuyobozi mukuru wa UPDN, Ndugu Omogo avuga ko barindwi muri abo bashoferi ari abanya Uganda abandi bakaba abo muri Kenya na Tanzania.

Ati “bamwe muri bo bari barengeje icyumweru mu baturage. Abenshi muri bo bahunze kuko nta buryo bwo kwitabwaho buhari. Benshi muri bo kandi bibwirako icyorezo kitabaho ahubwo leta ishaka kubatwara amafaranga yabo.”

Yongeyeho ko impamvu byaboroheye gucika ari uko abenshi bari abashoferi bigenga badafitanye amasezerano na ba nyiri amakamyo bakaba batinyaga ko nibashyirwa mu kato k’iminsi cumi n’ine n’ubundi bazabura akazi kabo.

Yagize ati “ijana ku ijana by’abashoferi bapimwe bose basangwamo icyorezo barigenga. Ntakazi bagira. Uburyo bwonyine bwo kubona amafaranga ni ugukora bagahembwa bagaruye imodoka. Nta muntu wabemera mu baturage kuko basanze baranduye.”

Kugeza ubu muri Uganda harabarirwa abamaze kwandura icyorezo cya Covid 19 bagera kuri 222, nta n’umwe kirahitana mu gihe abavuwe bagakira ari 69.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *